story_id int64 1 260 | themes stringlengths 4 221 | story_text stringlengths 44 28.3k | genre stringclasses 24
values | story_title stringlengths 5 51 | size stringclasses 3
values | demographic stringclasses 7
values |
|---|---|---|---|---|---|---|
91 | Imivugo | Shira ishavu n'agahinda
Nyambo ihatse ibigarama
Ubuhanga bw'i Rwanda
Twarazwe na Gihanga
Byabaye igihango
Ni ukubaho nk'impanga.
Umutima mu gitereko
Amatage aracutse
Amata aratubutse
Amatama naterebere
N'amatako atengerane.
Umutuzo uratashye
N'umutozo urataha
Ngo iryo tungo Gihanga
Yarugabiye aruhanga
Rirubere umutako... | null | Ya Nyambo yampetse | null | null |
92 | Imigani | Umunsi umwe izuba ryahuye n'umwijima, riti, "mbese nka we uba ushaka iki mu gihugu, ntuzi ko abantu bose bakwanga, ibintu byose bikugaya? Impamvu yo kwibonekeza uyikura kuki? wahura n'izuba nturive imbere?
Ibintu byose ni jye byifuza nijye bicikira, ni jye bikunda. Ndatunguka byose bikampa impundu. Inka zikahuka, umuge... | null | Urumuri n'umwijima | null | null |
93 | Imivugo | Nvura y’urujojo
Rwasajoro, tukajijwa
Bicu by’iteka
Bitere Rumuri
Tugahunga umuseso
Kwa Nyiramakangaza.
Seka gororoka
Ntacyo dupfa
Tugira icyo dupfana
Tera ubwuzu wange ubwoba.
Gira ibambe Mibambwe
Mubaji w’imitima
Ni uwo umuti.
Ntube Kwibuka mwene Mugarura
Wagira ati, ”hobe.’
Ihobe ni ubusa
Haryoha uruhoze” | null | Ibuka | null | null |
121 | Inka | Rugemanduru amacumu,
Umucuzi yahase imberera,
Ayanozaho impundazo,
Abonye ko ari ay'ingeri,
Akoranya abayavugutira,
Bose bayaha ikiramo,
Inyundo ntiyayakiranya,
Yirirwa mu ruganda
Akwikira ayo makuza,
Akaba impogazi yombi.
Ntagere mu ntagara
Agahora akina mu ntoke
Ay'ingeri ndayazi,
Ziyabangura neza
Nk'ay'Umwami nyir... | null | Ingoro y'umwogabyano 5 | null | null |
94 | Imigani | Kera habayeho umugabo. Bukeye ashaka umugore; babyarana umwana w'umukobwa bamwita Bizirakwezi. Bukeye nyina arapfa, umwana asigarana na se. Se amurera igihe gito, atarashaka undi mugore. Aza kurambirwa kuba wenyine, nuko areshya undi umugore. Umugore ahageze, atangira kwanga uwo mwana. Abwira umugabo we ko batazabana k... | null | Bizirakwezi na mukase | null | null |
95 | Ibyivugo | Rwirahira, imfizi yo mu basare
Ndi Ruvunywa inturire
Intambara imaze kurema
Mwene Rugayimpunzi.
Ndi ishami rya Rwasa
Nasa amabare.
Ni jye kigabo kinini
Gikingirije abarwanyi
Gikingiye abanyabwoba.
Ndi inshongore y'umugoboka
Nugumbira induru.
Nishe Rwantonga rwa Bihogo
Twiharikaniwe ku mugezi wa Mugoboro.
Niciye Rutete
... | null | Basebya ba Nyirantwari | null | null |
96 | Imivugo | Iyi ntimba idatemba
Ngo manuke ndukuke
Umuruho udatuza
Ndiyuha akuya
Nkiwuri ku gatsinsino
Ngatsikira ngatsitara
Natambuka ngatemba
Kandi inzira ikiri ndende.
Ndagwa ntanyoye
Inyota yanzonze
Nazamuka bikanga
Nakandagira nkanyerera
Imvura itaguye.
Uyu mubiri nkurura
Uramvuna utari munini
Ndawinginga ukanga
Nakanda nt... | null | Iyi Ntimba Idatemba | null | null |
97 | Imivugo | Impindanyamugabo ya Mpabuka,
Ntwara amacumu asohoka mu ngabo.
Ingabo yanjye ni isuli ibana n'iya Rusanganirantambara,
Iyo nyishandaje mu rugamba ntirugaruka,
Ababisha banyita Rukenyantambara.
Ingare ya Ruhanga ndatsa rugashya.
Inkomeza kulinda ikubitana ishema n'isheja ry'abato,
Ndindana ingabo.
Inyamibwa ikwiye Mu... | null | Icyivugo cy'intwali | null | null |
98 | Imigani | Intare yarihoreye yiryamira mu ndiri yayo. Imbeba ziraza zigumya kuyikina iruhande. Imwe muri zo yurira ibuye ryari hejuru y'intare, irihanuka hejuru yitura hasi, ikangura intare.
Intare ikangutse ifata akaguru k'imbeba. Imbeba yumvise ko intare iyifashe, irayibwira iti, "ndagusaba imbabazi. Singukanguye mbishaka, ni i... | null | Intare n'imbeba | null | null |
99 | Ibyivugo | Nagiye ku rusenge ibitugu ndabitigisa
Imyambi ndayisokeranya
Abo twari turi kumwe ndabacyaha
Nitwa "Cyaradamaraye"!! | null | Cyaradamaraye | null | null |
100 | Ibyivugo | Rudatsimbukirababisha intambara nyishyize imbere
Rutagengerwa n'ababisha rwa Mugumya
Umugabo wiciye muri Gikare cya Ngabe
Yayipfuye na Muhozi
Inyamuno yayikuye Ruraha na Mivumba.
Ndi umuheto utembereza igitero
Ku gitero cya Ruhunga mpamya Mutijima.
Ndi Nyamubuzababishakwishima wa Rwabizandekwe
Uko ntabaye ni ko nyaga
... | null | Nyamubuza ababisha kwishima | null | null |
101 | Ibyivugo | Rukabu rugusha mu rukubo
Rukaziminega nkunda imihigo ikereye igitaramo.
Ndi ingabo itanguranwa ibanze
Rudasubira numvise induru ivuze
Ndi imanzi itagumirwa n'inkindi
Abahizi bakagira intimba
Ngo ntibagira Ngabo isakarana inkindi
Inkezi ziyomba mu itabaro.
Ndi imbabazabahizi
Mpozaho ishyaka
Ni jye Ndibagiza bahisemo.
... | null | Inkubito ya Rutagumirwa n'ishyaka | null | null |
102 | Imivugo | Urugendo rw'iyo Ngurube, kuva i Butare kugera i Nyanza: ibambira umuhanda, modoka zibura inzira.
Ingurube iryohera mu misango,
Iya rwisumbura ku ntama,
Nkunda impogazi y'imihore,
Iya rusukirwa n'abo mu nzu.
Isonera amenyo y'abayishiha
Ikarusha isake gushya mahwane
Igira imihore rutagugumba,
Igera no mu nda ig... | null | Indyoheshabirayi - Umuvugo 4 | null | null |
106 | Imivugo | Urandeba ngo ayi
Ngo ndi umugore singoye
Ngo ndi ku ngoyi yawe
Ngo igihugu ni icy'abagabo
Ngo nta mugore ugira ijambo
Ngo uruvuze umugore ruvuga umuhoro
Urandeba ugacira
Ukicinya icyara ngo uri umugabo
Ngo Imana yakuremye neza
Ngo abagore ni ibigoryi
Ngo ndakagorama ibirenge
Urancurika ukancurukura
Ukancura bufuni na... | null | Ndatabariza Abagore | null | null |
107 | Imigani | Kera habayeho umutware akagira umugore w'igishegabo. Uwo mutware yaritondaga, agategeka neza, ingabo ze zikamukunda kandi zikamuyoboka. Umugore we akaba umushizi w'isoni, akiha kumutegekera ingabo, kandi agasuzugura rubanda. Uwo mugore akaburanirwa, agaca imanza, akagaba inka n'imisozi, agashengererwa, umugabo we akaba... | null | Umugore w'igishegabo | null | null |
108 | Imivugo | Iteka intimba
intaha umutima
uko ntereye agatima
muri Mata 1994
mata y’amatage.
Mata 1994
u Rwanda rwino
Rwari rwiza
Rwambara umugayo
umugambi mubisha
wo guhitana abatutsi
uratangira ntarutangira
Baratangatanga biratinda
uwari umuntu
yitwa inyamaswa
inyenzi inyangarwanda Nandi.
Mata y’amatage..
Mu mvura y’amahindu... | null | Mata y'amatage | null | null |
109 | Imivugo | Abahungu bo ku Musanganyamvura wa Buhimba,
Barusha abantu guhemuka!
Mu ijoro rishyira inkoko
Bikanzemo ikimena cy'abaguye impishyi,
Rubanda irahurura!
Bihutu ati, "nimuhumure turi twese,
Nta we utambaye urushundura,
Twabyize kare bizadutunga!"
Ati, "Marara we ntiyavurwaga,
We wavuzaga izuru nk' imvubu,
Akabirukana ab... | null | Baryohewe ubudasigaza | null | null |
110 | Ibyivugo | Rugambwa abagabo bagarukira mu mahina,
Rwa mutagisha icumu litagisha uligemye,
Naliteye umuhunde ku Gatare ka Mubindi, ndarimwicisha.
Sindakamudondoza, nalimukuye ngomba kulimiza imbuga,
Ndiringaniza n'uruti, ubwo umutuku walitembaga ku muhunda.
Uwo muhunde agera hasi atagitera umugeli,
Mbonye urubindo rwe sinatinda ku... | null | Rugambwa abagabo | null | null |
111 | Ibyivugo | Igice cya 1
Ngango ya rugusha, Ngarambe yo kulinda,
Nshumita bagwa,
Nkagongesha nitwaje ingabo yanjye Rugimbabigwi
Nishe umushi umushikazi arayidoda
Umwana ayigira ndende,
Icumu ligomba intumbi naligize ruzibanduru
Igikuba kiracika kwa Tabaro,
Inkongi iravuga mu Maramba,
N'ibisiga byamuliye byabyutse bisinda inkaba,
B... | null | Nkubito itikura iswa | null | null |
112 | Imigani | Kera habayeho inzoka n'uruyongoyongo maze biracudika, ndetse bigeza n'aho kunywana. Uruyongoyongo rubwira inzoka, ruti, "mbere yo kunywana, ndabanza nasame undebe mu nda, nurangiza nanjye ndore mu yawe."
Inzoka iti, "ese ibyo urabishakira iki nshuti twabanye?" Ruti, "ndagira ngo ndebe ko hatarimo akangononwa." Inzoka i... | null | Inzoka n'uruyongoyongo | null | null |
113 | Imivugo | Umugabo w'amaboko wakomotse ku cyaha
Iyo ncyaharubyaro yoga mu bantu
Ndavuga urupfu abantu tutamenyera
Intumwa y'Imana itarara ubusa ntibwirirwe
Ntabwo ijya inama.
Iyo idatunguye ngo igwe gitumo,
Iratebuka, irahuta, igahutaza
Ikinyica cyayo sinzi icyico yatoye,
Ikubita idondoza ikica urubozo.
Uzasanga ari impumyi ifi... | null | Umutindi utarara ubusa | null | null |
114 | Imigani | Kera isega yinjiye mu nzu mu gicuku, igwa mu ngunguru irimo inzigo y'umukara. Mu gitondo nyir'iyo nzigo araza, ngo akubite amaso iyo sega akeka ko yapfuye, ayikuramo ayijugunya ahantu mu rubingo, isega yifatira iy'ishyamba.
Izindi nyamaswa zayibona zikayitangarira, ziti , "ako kabara keza wagahahiye he?" Iti, "ntimwaha... | null | Isega n'inzigo | null | null |
115 | Imivugo | Ndabona ijuru rihindutse
Ariko rikaba rizindutse
Umuhindo utarahindukira
Inkuba mu bicu zihinda
Amahindu ahondagura amahundo
Imvura inyagira ibibondo
Abasaza begamiye ibibando
Imbyeyi zikamwa umuhondo
Ibyangiritse ari umurundo
Isahinda rimaze kwihandagaza
Imihanda idaheruka guharurwa
Ibihandanzovu byarayitashye
Nta n'i... | null | Urancira iki wogacwa we | null | null |
116 | Imivugo | Ntagira ishya mwene shyari
Isega mu isenga
Nta sano nta saso
Nta museso
Ntibucya iwe
Ni mu nkoko z'iteka.
Umutima uratera
Ntagira ibitereko
Kirahumuje igitaramo.
Ni we we wenyine
Arabandwa akabanda
Arasenga agasonga
Rwicaruhoze wa Hishamunda
Mwene Vurihoze wa Uwihoreye wo kwa Gahimandyadya
Mwene Ruhuha
Guhutaza ntaru... | null | Ntamushobora | null | null |
117 | Imivugo | Musaninyange aza kunsura
Yaje wese yisukuye,
Urusogo rw'umuteto w'ubutoya
Rukimutemba amata yombi,
Uko atambutse agatengerana.
Yanze ya manywa rwahangu,
Ngo ejo uruhayi rw'iryo zuba,
Rutamuziga uruti agahwera,
Dore ko ari agati kagitoha
Imirase ihungira kagahonga.
Narategereje nsha uwo mutaga,
Ntabwo nateshutse na ga... | null | Nugururiye Inyange | null | null |
118 | Imigani | Nkuba yibereye aho agatura mu ijuru, Gikeri akaba mu nsi. Gikeri yagenda akagenda asimbuka. Nkuba akibera hejuru agakubita hirya no hino.
Umunsi umwe aza gukubita ajya hasi, asanga Gikeri yarubatse, arasakara, afite urugo rukomeye. Nkuba abaza Gikeri ati, "ese Gikeri, ko wubatse utya, wowe usakaza iki, ubwatsi ubukura ... | null | Inkuba n'igikeri | null | null |
119 | Imivugo | Muri uru rwanda rw'iyo bigwa
Nahagwije ibigwi sinaba ikigwari
Mpabura ingo zifite urugwari
Bwakwira urukumbuzi rukagira ubwira
Dore ko nagize ubworo ku bwoko
Ngatandukana nabo twabanye
Ngatakaza abo natakaga
Amatage akaba amatindi
Akanga akantera agahinda.
Isi y'iwacu nayisize ku gasusuruko
Nza gusuhuza ndasuhutse
Nso... | null | Uzambarize uko babaye | null | null |
120 | Imivugo | Ingurube iyoborwa n'abashumba bo mu Ngeyo
Rutihunza inzarwe y'isayo,
Ingurube zahanitse imirizo,
Rwa muturaga ku bijumba,
Ni igikoroto cyo mu bikoko,
Igira ibikobokobo by'ubukombe,
Ikizihirwa isanga ibishanga,
Ikizimba aho inzarwe iganje,
Ikahavurunga ijabo rikahava,
Ikahacundagura bitaravugwa,
Ikahavogereza... | null | Indyoheshabirayi - Umuvugo 1 | null | null |
182 | Imigani | Umuntu yajyanye indogobe ye kugura umunyu. Hanyuma agaruka awuhekesha iyo ndogobe. Yumva umutwaro urayishengura, ndetse igiye kwambuka umugezi igwamo. Umunyu wikubise mu mazi urashonga, maze noneho umutwaro worohera indogobe.
Irishima rwose, ikomeza kugenda; ngo yigire imbere, yitura hasi yigiza nkana, umunyu wose ushi... | null | Indogobe n'umuntu | null | null |
183 | Imivugo, Urukundo | Ubwo inkuru ari inkusi
Akaba ari impamo atari impuha
Inzozi zikaba inzoza
Tuvuze impundu
Dushize impumu
Impanda impande zose
Zirangururane urwunge
Ingeri zungemo
Abagororangingo bivemo
Amatorero yose acisheho
Inka nziza bayigwemo
Ingorabahizi bayisubiremo
Inkumi nazo zikubiteho
Akadiho banyuzeho
Amaso tuyamarireyo
Ibir... | null | Ukwezi kwa Nzeri | null | null |
122 | Imigani | Rimwe umunsi w'ubunani wari wegereje, hakaba umugabo n'umugore bari bamaranye imyaka myinshi. Ku mugoroba wa joro baricara baganira ibya mva he na njya he! Reka si umunezero bari bafite bombi, dore ko uwo mwaka wari unashize bawufitemo amahoro n'amahirwe menshi.
Ariko se ugira ngo urwo rugwiro rwarawushoje? Byabara kar... | null | Ururimi rwoshywa n'urundi | null | null |
123 | Abakuru | Cana mo Nyirangoboka cana mo
Cana mo batakotse mu rujuma
Mu rujuma rwabya Ntibanyurwa
Ntibanyurwa yaravunitse avuna intini
Avuna intini yo gutinika nyirabukwe
Sebukwe arayireba arayivuma
Nyirabukwe arayitora arayisoma
Ati, humura mukwe wanjye turi kumwe
Mu munyinya w'amahembe hejuru
Nzaguha ihene yanjye y'umus... | null | Imbyino z'inkorongano | null | null |
124 | Ibyivugo | Ingangare sinzi gutinya
Ahubwo ndi inkaka mpotora induru.
Umugome yaje yigaragambya
Agambiriye gutsinda
Ansanga ku isonga nsanganiye urugamba.
Ubwo mpita mwirahira,
Nti Rutembagazamakombe rwa Mudasongerwa
Sinkangwa n'ababisha intwari twatabaye.
Mpatana amakuza aho rukomeye
Ababisha bagashiguka banshinyikiye
Naho ntib... | null | Imyato y'impotore | null | null |
125 | Imivugo | Indogore icumbagirira ku ruti rw'isine
Ya Ruhimbazaguteba
Ntwara urutagira amasobe nk'iz'abaswa:
Ni rwo njya nsindagiriraho.
Sinarujyana ku isibo nk'abasimbukirana,
Narumenyereje intambwe ngufi;
Sinduvudukana gisore,
Ndutwara ndi igisenzegeri!
Ibindi bigayamaguru birwifuza byose,
Ngo icyarubaha!
Ibihendeke nka njye b... | null | Uruti rwa Sezirahiga | null | null |
126 | Inka | Rwesa rukaza ay'imbibi
Intwari zivuna impuruza
Rwa Nkubito ya Mpabuka
Inyamibwa batijana
Itashye imbere y'amariza
N'imiheha yambariye
Kuruta amashyo y'ibihogo
Yamara kujya mu rubuga
Inyange igatangaza
Amaso ukayatereza
Ari uguharamba isata
Mu mariza y'umuhozi
Ukihagira amarebe
Atembamo amaribori,
Ukamarwa ishavu n'in... | null | Ingoro y'umwogabyano 4 | null | null |
127 | Inka | Rwesamasarabwayi
Inkungu zivuna amasaka,
Rwa Semakangaza;
Inyana y'inkuku rwose.
Ireshya n'aha ngaha;
Yahubirana na Ntuza,
Ikenda kumujugunya he,
N'umujugujugu wayo.
Mukujogora Mwente,
Yaje ku kiburabuzo,
Umunsi ugeze hariya :
Imwanuza iry'igicuncu,
Bakubiriye ryari,
Hejuru mu gihanga :
Atemba mu giharabuge.
Imaze k... | null | Inka ya Ruzirabwoba 1 | null | null |
128 | Imivugo | Numvise inkuru y'incamugongo
Ibikoba birankuka
Amabere yikora ntonsa
Nshika umugongo.
Ndwaye Sida! Sida!
Iryavuzwe riratashye
Karabaye!
Birabe ibyuya ntibibe amaraso
Nguye mu kantu
Mbuze urwo mvuga
Ni ukuruca nkarumira.
Umuruho ntuhebeba
Hahebeba nyirawo
Ntawe muri yombi
Ntwawe intambike
Mbonye uko intama zambarwa
Nda... | null | Ndwaye Sida | null | null |
129 | Inka | Cyo turore iya Rutinywa,
Inyamibwa bidashamaje,
Ya Ruhungiramwengo:
Ni inzukuru ya mweru,
N'igihe cy'i Ruhama,
Yazanye uruhanga rusa
Bati, "twiboneye inka y'inkungu,
Isa n'imvumvuri!"
Igumye kwivovota,
Yigira nyiri amasaka!
Ikagira umutima wayo,
Ukaba incuro y'umutemeri,
Rutibitsa abanyanyambo,
Zayarunduye ku masonga... | null | Inka ya Ruzirabwoba 2 | null | null |
130 | Inka | Ndirikirwa undebe unyurwe,
Utinye kuvuga iz'i Mbuye,
Nuza mu z'i Murambi,
Ushinge icumu mu Ngeri,
Urebe iy'ingoga izibamo,
N'inkerarubanza;
Abogeza inkuba zesa,
Bakubwire iy'Ingondo,
Imbibi ziseseyeho,
Wihagire imparuzo,
Ya Rukaragabigembe;
Ugumirize wirorere,
Ijuru ryogeye i Kigali,
Ikaba iy'i Nyakibungo,
Ikirezi cy... | null | Ingoro y'umwogabyano 3 | null | null |
131 | Imivugo | Uwo abacuruzi bacumbikira ndi incuti
Uwa Rudacokabashyitsi
Mu cyambu cya Mashyiga
Nabaye mushyikirwa w'amagambo!
Amagara aterewe hejuru
Sinasama ayanjye masa
Nk' abadasanzwe ku mugezi:
Rwigerezaho mbimbura ikirari,
Mbabera ikiraro barambuka,
Ndi kumwe na Leyanderi Muhashyi!
Mu makuba ya Gatanga
Natangiriye rusengo rw... | null | Ubucuruzi bwa Nshokeyinka 4 | null | null |
132 | Ibyivugo | Igice cya 1
l. Byavu bya Mureganshuro afatiwe ku mwaro wa Gisaya, ati: "mfite umuheto wanjye Rwego rugana urwo mu bagabo ku Cyeshero cya Ntosho, ngo pfukama umurase mugabo udashashira amagate, ndapfukama ingoma inyumva neza i Nduga, nyikatazamo mbwira Karinga ibigwi.
2. Inshyikanya ku mubiri ya Rugema ahica, icumu ry... | null | Ibyivugo by'Amaningwa | null | null |
133 | Imivugo | Ni inturo y'umujinya ya Rutigerera igicuku
Yenze ibara ry'igishwi n'ikibiribiri
Ihirika mu Buranga itunguka kwa Nzogiroshya.
Ibona Kibamba yaraye ku mutambiko w'urusenge
Rusake ihina ibikohwa
Ikubiramo ibirokoroko iramiraza.
Imbeba yaraye mu muheno iti:
Ngiye kubaza ibyo!
Iyikoma ijanja iheruka gukoma ejo
Yigira mu K... | null | Icyivugo cy'inturo | null | null |
184 | Inka | Isanze nshaka kurembera,
Semuramba iramburana,
Iti, "humura ntabwo mugiye!
Ntugitemoye mu nzoberanyo!
Ntugakangwe n'irya mirabyo,
Ngaha kandi imirama iraje!
Umwami aho yageze i Bweramvura,
Nta mivumbi iramuka y'ijuru!"
Nanjye nkaba nashenguwe n'imirambo,
Nzirora hasi nabuze uziguza!
Nti, "erega wa nka we urambeshya!"... | null | Inkuku y'ikirezi 1 | null | null |
185 | Abakuru | Mugoyi wa ruguyaguya
wa ruhuta kurekera
wa rugusha ku buriri
nyir'imfizi yivuga
ntigire kirengera
mu gitondo nkayibura
yo kicwa n'icumu
ny'iriva-ruganda
ritagira umuhunda
bakarimutera mu mpyiko
rikamutsinda ku mbuga.
Yemwe abo hepfo aha
yewe sogokuru
yewe nyogokuru
ntimugire ngo turahuze
ubwo mwumva tudakoma
nta cyo ... | null | Indirimbo iherekejwe n'incurango - Umuduri | null | null |
134 | Ubumenyi | Iyo ujugunye urupapuro cyangwa ikibabi hejuru y'itara ryaka, urumuri rwayo ruranyeganyega. Hari ubwo tubana n'amababi y'ibiti bihungabana; iyo inkono iri ku ziko imaze gishyuha cyane, ubona ishaka guta igipfundikizo cyayo, iyo kitaremereye; iyo twitegereje mu kirere kenshi tubona ibicu bizerera hejuru yacu. Ibyo byose ... | null | Umwuka n'umuyaga | null | null |
135 | Imivugo | Ndavuze, ndaretse ntaretse
Ndamaze ntamaze,
Ndahoze, ndahoza abandi:
Ijambo rya Kigeli
Ni ikigabariro cyaryo.
Ndavuga Rwogera na Ngarambe,
Ndavuga Rwogana-ngabo rwa Ngoma ijana,
Ndavuga u Rwanda ruguye imvura!
Abanyamahanga baturusha amasuhuko,
Tubarusha ibyiza.
Tubarusha Umunyana wa Rusharaza,
N'Umunyana wa Nyiri-ishe... | null | Rwanyiranyanja | null | null |
136 | Imivugo | Inzovu y'urwijiji rukabije ubujorojoro
Iya rujegeza-bijumba rwa semitabo,
Noneho amavubi arayarika mu bikobokobo,
Kira nyumba ya rukara rwa Majoro!
Rujugitira-bijumba rwa njunditse ibika,
Imvubu y'icyagane ya ruhungabanya-bitebo,
Isigaye itengerana umuraru wose ugatigita
Ikaba iya Rutare rwa SOMUKI i Rutongo!
Kivuriv... | null | Amahamba y'abungeri b'ingurube | null | null |
137 | Imigani | Habayeho umwana akitwa Sabera, ntamenye nyiramubande icyo ari cyo. Umunsi umwe aragiye mu gikombe, sinzi uko yaje gukabukira inka, ako kanya yumva ijwi riramwigana, Risa n'irivugira mu gihugu cyari hepfo ye mu kabande. Biramutangaza bituma ahamagara ati, "yewe! yewe!" Ijwi risubiramo riti, "yewe! yewe!" Umwana aranguru... | null | Nyiramubande | null | null |
138 | Imigani | Ndabaga ni umukobwa wabayeho ahasaga mu 1700, akaba mwene Nyamutezi mu Bwishaza mu Ntara y'Uburengerazuba (hahoze ari ku Kibuye). Ndabaga ngo yavutse ari ikinege, akiri uruhinja se aratabara.
Nta washoboraga kuva ku rugerero hatabonetse uwo kumukura. Byashoboraga gukorwa n' Umwana we w'umuhungu cyanwa undi muvandimwe w... | null | Ndabaga | null | null |
139 | Abakuru | Ziraca i nyabikangaga : insya z'umutwakazi
Inkoni nziza imera ahaga : imboro ya musaza wawe
Imbuga nziza iboneka ahaga : igituba cya mushiki wawe
Gatinze kazaryoha : agatuba k'uruhinja
Nyawineneka : umusundi ku ntebe
Nyoko ntaswerwa aradimbarwa : isekuru
Kiva kivitse : imboro mu gituba | null | Ibisakuzo | null | null |
140 | Imivugo | Ngango na Nyirangango babyaye Mwenengango
Uyu Rucuzabigega mu gicuku gicinyiye
Babyara Mwenebwenge uyu wibisha umutwe
Akawutekana ubugenge aho i Nyarugenge.
Nyagasani! Nyagasani
Jye Mwenengango njya ngira impungenge
Ko ninza mu ijuru hataba amajoro,
N'ivuka ry'umunsi nzashaka kwiba nkabura icyo niba
Kandi undeba ga Ma... | null | Isengesho rya Mwenengango | null | null |
141 | Inka | Iyo inyambo zabaga zimaze kubyara uburiza, umutahira w'inyambo yatumiraga umwisi, akazitegereza neza, maze iz'ingenzi muri zo akazita, akaziha inshutso. Yamara kuziha inshutso agataha. Ubwo bamuhaga inka y'intizo ikamwa, yamara kuyitekesha akayisubizayo.
Iyo ubushyo bwa za nyambo bwamaraga kubyara ubuheta, bongeraga g... | null | Imyitirire y'amazina y'inka | null | null |
171 | Imigani | Umunsi umwe, uruyuki rwarabutswe isazi ku muzinga warwo, maze ruyibwirana uburakari ruti, "uje kwenda iki hano? Uyobewe ko muri udusimba tubi, mutagomba kwivanga n'abamikazi bo mu kirere?"
Isazi yumvise ayo magambo arayirakaza, maze igira ipfunwe, ariko ipfa kwihangana na yo, irasubiza iti, "ni koko, ntawahakana ko ari... | null | Isazi n'uruyuki | null | null |
142 | Abakuru | Inyamibwa y'imboro ni ishyutswe.
Akaboro gato karuta agatsinsino.
Inzigo y'imboro ihozwa indi.
"Uhawe aryarya" ni imboro ya Mungengabo.
Ijambo ribi rikura imboro mu gituba.
Utazi ikimuhatse areba imboro ya se igitsure.
Uwambaye ubusa ni we ugira imboro ndende.
Ubonye impare vuba ayibohera uruhago.
Imboro y'umut... | null | Imigani migufi | null | null |
143 | Imigani | Kera habayeho umugabo, bukeye ashaka umugore w'ingumba. Umugore abaho yarishwe n'agahinda ko kutabyara.
Bukeye Imana iramubwira iti, "uwaguha akana wazamuhemba iki?" Umugore ati, "namuhemba ibyo ntunze byose." Imana iramubwira iti, "genda utereke amata, maze uyasangire n'umugabo wawe. Numara kuyanywa, uzatwara inda, uy... | null | Umugore w'ingumba wabyaye ku bw'Imana | null | null |
144 | Imivugo | Ndagukumbuye juru ry'i Buhoro
Reka nguhunde ibihozo urwunge
Urwo rwungikane rwo mu bihubi
Nirujya kwitsa igihumurizo
Nze guta impumu nkomeze mpimbe
Mpuze inganzo z'abampaye
Kubona izuba banyita izina
Rikoma ku izima ryabareze.
Reka nkurebe nirahire
Ko mu mahanga hera amahano.
Ntaho nahumiye ku mirari
Mva mu Bubiligi n... | null | Nyambo iruta ibigarama | null | null |
145 | Imivugo | Umva ikobe. Umva inkomero!
Umva urwamo, ngaha barahiga:
Induru ni ndende!
Umva Kavumenti,
We na Mburamatare;
Batangiye guhiga!
Induru ni ndende!
Na we Kavumenti
Abanjije guhiga.
Ati: "We Mburamatare,
Nkurusha ibintu,
Nkakurusha n'ibindi:
Induru ni ndende!
Nkurusha izi modoka,
Iza ruva-kwaya,
Zijyana isafari:
Izo ni Kav... | null | Imihigo ya Kavumenti na Leta 1 | null | null |
146 | Imigani | Kera habayeho umugabo ashaka umugore, bukeye babyarana umwana wumukobwa bamwita Mupfasoni. Hanyuma nyina arapfa. Umwana abana na se iminsi mike, bukeye se ashaka undi mugore. Nawe babyarana undi mwana w'umukobwa, bamwita Mugirente. Mupfasoni yari mwiza cyane, akagira umutima, akamenya kuboha no gutegura. Nyina wa Mugir... | null | Umukobwa abuza nyinza kwica umukobwa wa mukeba we | null | null |
147 | Imivugo | Urugendo rw'iyo Ngurube kuva i Nyanza kugera i Kabgayi: bakeka ko ari imvura; uwahoze mu Buganda yemeza ko ari itanki irwanishwa mu ntambara.
Intamati ihinda nk'inkuba zesa
Iya rwitonganya mu gituza
Ndate ingurube y'umunihiro
Mvuge ruhinda mihumeko,
Umunsi iyobera abari i Nyanza,
Ikamenya bose byabagoye,
Iza i ... | null | Indyoheshabirayi - Umuvugo 5 | null | null |
148 | Imigani | Umunsi umwe Bakame yasanze umugabo w'umunyabwenge mu ishyamba iramubwira iti, "ubwenge bwawe butuma utegeka iri shyamba n'ibirituye, none reka ngire icyo nkwisabira."
Uwo mugabo abaza Bakame ati, "urifuza iki?" Na yo iti, "ndagusaba ko unyongerera ubwenge kugira ngo mburushe izindi nyamaswa zose."
Umugabo amaze guteker... | null | Ubwenge bwa bakame | null | null |
149 | Imivugo | Rutiganda umugobe wageze rwa mugenza,
Mu iguriro ry'i Rutare
Nitangije kugereka!
Ababurugaji bagambiriye inka kuri Nyaruteja,
Bazinsanzemo ndi umutunzi w'icyete
Sinareka bazijyana!
Ku itaba rya Kicukiro
Nagaragaye mu rugamba rw'abanga gucupira!
Abacuruzi duhamagajwe umusoro,
Sinasesera nk' abisunga Kimonyo!
Mu igurir... | null | Ubucuruzi bwa Nshokeyinka 3 | null | null |
150 | Imigani, Abana | Urukwavu rwuzuye n'umuhali. Bukeye rurawubwira ruti, "ngwino twihingire umurima, tuwuteremo ibigori n'urutoke." Umuhari uremera ariko ubwira urukwavu uti, "ko ntazi kurira insina, urutoke nirwera imineke nzayimanura nte?"
Urukwavu ruti, "ndi umuhanga wo kurira; ibitoke nibikomera nzajya mbimanura." Nuko biherako bihing... | null | Urukwavu n'umuhari | null | null |
151 | Imivugo | Rwikubira ikubije umurama
Urwa gituza,
Ni igituna cy'ifigi:
Ntikangwa n'inzu y'insoko
Igira amenyo y'urugaga,
Mu rugamba rw'iz'intaza.
Zikabana n'injorojoro,
Zajaganyiriza mu musego
Zikabuza abantu gusinzira.
Zitura ku mbariro
Ukagira ngo ni imirindi y'imbogo!
Izo mbeba zihuje imikaka,
Aho no gukubagana zirabizi!
Zib... | null | Icyivugo cy'imbeba | null | null |
152 | Imivugo | Nihoreze agasimbi
Basahuye abasenzi
Umunsi ingoma-nyamunsi
Yimika abasogosi
Bagasakiza Gasabo
Ngo bashyire ibisiga.
Nihoreze agasimbi
Kasaritse agahinda
Kazanywe n'amahindu
Yiteretse mu Rwanda
Akarwambika urwamba
N'ibihumbi by'intumbi.
Nihoreze agasimbi
Kabuze imena konse
Kabura cya kiraro
Cy'inyana z'imikondo
Basang... | null | Nihoreze agasimbi | null | null |
153 | Imigani | Nkuba yaraje ahiga na Sebwugugu. Sebwugugu ati, "yewe ndakurusha, nkurusha byinshi." Nkuba ati, "Reka ra! Ntabwo undusha byinshi, Ni jye utegeka, ntegeka ibiri muri iyi si byose. Iyo nahinze, uwo munsi isi iratekana."
Sebwugugu ati, "Ni jye ukurusha." Nkuba ati, "Reka ra! ntabwo undusha. Wandushe ute kandi ari jye ugus... | null | Nkuba na Sebwugugu | null | null |
154 | Ibyivugo | Rutajabukwa n'imitima ingamba zimisha imituku
Rwa Nyirambirima ndi intwari inkotanyi yamennye
Yashinze urugamba rukora amaraso ati Rwampingane
Ndi Mukaragandekwe nangwa n'ababisha iyo duhuye ndarakara!
Yubububububuuuuuu!!!!!!!! | null | Intwari | null | null |
155 | Imigani, Abana | Umunsi umwe, umuntu wategaga inyoni yateze umutego we mu byatsi, hejuru yawo ahamisha amasaka menshi. Inuma zije zirayahasanga. Umutware wazo arazibaza ati, "aya masaka yamenwe n'iki aha? Nimube muretse kuyatora tubanze tujye inama."
Izindi numa ziranga. Zihera ko ziramanuka; zikigera hasi zifatwa zose. Umutware wazo a... | null | Inuma n'imbeba | null | null |
156 | Ibyivugo | Ndi iseri ry'igitoki niba ndi imbwa ndamaze! | null | Icyivugo cy'Igitoki | null | null |
157 | Imivugo | Iyi nkuru nziza inzaniye ituze
Nari naraye imitima ibunga
Nyibaza niba waruhutse.
Ndahumetse gira urugwiro
Ubwo watugabiye Murorunkwere
Nkuye ubwatsi dore ibihembo.
Umuhate akabere
Ahorane akabiri keza
Azakure asa n'iwabo
Tumwite Musaninyange
Agasingizo ka Se
Azabe Mutumwinyambo.
Abapfasoni nkawe
N'amagaju y'abari
B'... | null | Akira ibihembo mbyeyi | null | null |
158 | Imivugo | Iri gare mujya munyoga
Mukarinyonga inchuro nyamwinshi
Ridaciriwe n'urubanza
Reka mbabwire uko naribonye.
Rigira amahembe ariko ntiryica
Rigira amasasu atagira imbunda
Rigira umunyururu nta ngororwa
Rigira ibiboko nka ba bandi.
Rigira imipira ritifubika
Rigira ibirenge bitigenza
Rigira umusingi ariko inkwi ntazo
Rigi... | null | Igare | null | null |
159 | Imigani | Kera amapfa yarateye izuba riracana, ibyatsi n'ibiti, biruma, biragwengera, ibitungwa bibura icyo birya, ibintu biradogera, abantu bakajya guhaha aho imvura yagwaga. Hakabaho ihene, ikitwa Ruhaya. Ibwira izindi hene zose iti, "nimuze tujye guhahira muri ririya shyamba rigwamo imvura; turishe ubwatsi. Amapfa nashira, tu... | null | Impyisi n'ihene | null | null |
160 | Inka | Rugina bingiza Izogeye
Rukabu rw'amakuza akebye imbibi
Rugomwa bacuranga mu mbuga
Rumarashavu ziga inkubito
Rudahinyuka bazanye imiheha
Rusengo rwo mu ngabo z'isuku
Ruberwa n'imanzi ku mubiri
Rutica umugambi w'impuruza
Ruboneza abahutira umugabo
Rujyana isahaha mu mihigo
Ruhingika intumbi mu rubuga
Rutumva ay'inganiz... | null | Inka ya Musoni 3 | null | null |
161 | Imivugo | Nsobanuze abampatse
Impaka z'uru rutoki rwanjye:
Rurantota bukira (ntaruhingiye)
Rugahinduka umushike!
Yarambajije imwe NKATI,
Iti "mbega ko utembagaje umwaka utampingiye,
Nka kera na bagenzi bawe?"
Nti "Mugenzi wanjye ntazi guhinga,
Ari mu ruganda, aravuguta imivuba,
Aracura ibyuma bya rubanda!
Wa rutoki we wizimura... | null | Insina zateye amahane | null | null |
162 | Imivugo | Urugendo rw'iyo Ngurube, kuva i Kabgayi kugera i Kigali; itesha Abatware imirimo bagenda bayihatsweho.
Inyumba iryohera n'amaso
Amerwe akica aho itabazwe
Ndavuga izongesha abarebyi!
Ngiyo intamati ihaka Abatware,
Iya rwikundwaho n'abasilimu.
Iyo basamarira bayirabutswe,
Iya rwikanyiza abo Batutsi,
Umunsi ihinguk... | null | Indyoheshabirayi - Umuvugo 6 | null | null |
163 | Ibyivugo | Rutebukanimbunda imbere y'abasore
Rwa Mudasumbwa ntasumbwa
Inkaka ntahindagara habyutse imbogo
Imbirizi yazimaze mu ruzi.
Iyo yagambiriye umuhigo
Ahiga mu museke
Amasasu akayasobanura
Ari Munanguzi wa Runihurambogo.
Impara ziramurahira
Iyo ahize i Mutara amatamu ararwibonera
Yiciye Kibingo cya Rukayire
Yicira Kigaram... | null | Munanguzi wa Runihurambogo | null | null |
164 | Inka | Mugabo wesa ingogo mu igugu
Wa Rugenerambuga rwa Ngoboka
Inkuba yabyawe n'inkaburano
Izira kubangira amarere
Igasa na Rwabugiri n'inkesha
N'ingendo ashinguranye ingoga
N'ingingo Imana yamugoroye
N'ingoma zizihiye iyo ngoro
N'impembe z'umuronko w'imbibi
Na mpiri yaje ashoreye imfizi
N'impunga itikanga impuruza
N'amari... | null | Inka ya Musoni 2 | null | null |
165 | Ibyivugo | Nazinduwe no kuzitana n'umuzimyi
Muzimirizamo Rwantizimira
Ahinduka umuzimu
Yahoze ari muzima.
Nisasira Musenyi
Nkiyorosa Muvumba
Imfizi yo mu basare. | null | Ni jye Muzimyi! | null | null |
166 | Imigani | Umunsi umwe, urukwavu rwari runaniwe maze rwiryamira munsi y'igiti kinini cy'ipapayi, rurasinzira. Amapapayi y'icyo giti yari yarahishije cyane. Kubera uburemere, rimwe riza guhanuka, ryikubita hasi iruhande rw'urukwavu.
Urukwavu rukangukira hejuru rufite ubwoba, rukeka ko ari nyirumurima uruvuza amabuye ashaka kurwica... | null | Ubwoba bw'inyamaswa | null | null |
167 | Inka | Rwogesha ku y'imbibi
Rushita ku y'imberera
Rukaraga ku mpitira
Rukaranga ku mpini
Rwogesha ku mbuga
Rwanika ku ntagara
Rwesa aho ku nkiko
Rukubira imigereka
Rukomerabigembe
Rukenyerera kuratwa
Rutareshya n'Itiro
Rugo rwogeyemo Ingeri
Rugomwa zibaza imihigo
Rugina rw'ingabo nziza
Rukabura imigereka
Rutebezabigembe
Ru... | null | Ingoro y'umwogabyano 8 | null | null |
168 | Ibyivugo | Igice cya 1
Ndi Nkubito idatinya,
Ndi Nyambo sinkenga,
Mucyo wa Rutinywa,
Ndi umuhungu ntibyijanwa.
Nkubitiye umuntu mu gikombe,
Ndamuzamura mukubitira mu gahinga,
Ngo ejo batagira ngo ni inkangu yamumfashije.
Ndi Nyamugendamubimbere,
Singenda mu b'inyuma,
Ni jye Nyambo yogeye.
Ndi agaca mu ziko ntigashye,
Ndi inku... | null | Ibyivugo by'Abana | null | null |
169 | Imivugo | Ruganzu Rugambirira kuganza
Yishe ubutanga mirongo itanu
Yica inshira ya Mirago
Yica inkongoro ya Mihiro.
Yivuna Ntsibura Nyebunga
Umwami w'u Bunyabungo
Abakongoro bakwira imishwaro.
Yivugana Nzira ya Muramira
U Bugara bugaruzwa umuheto.
Agarura u Bungwe n'u Bunyabungo
Yubitse abahinza atsinda Abarenge
Inkiko z'u Rwa... | null | Ndoli Indongozi mu ngeyo | null | null |
170 | Indirimbo | Rwanda nziza Gihugu cyacu
Wuje imisozi, ibiyaga n'ibirunga
Ngobyi iduhetse gahorane ishya.
Reka tukurate tukuvuge ibigwi
Wowe utubumbiye hamwe twese
Abanyarwanda uko watubyaye
Berwa, sugira, singizwa iteka.
Horana Imana murage mwiza
Ibyo tugukesha ntibishyikirwa
Umuco dusangiye uraturanga
Ururimi rwacu rukaduhuza
Ubwe... | null | Rwanda Nziza | null | null |
186 | Inka | Ikina n'ingoma y'indamutsa
N'umurishyo uhumuriza,
N'umutagara w'ib'ihubi
N'amariza y'i Ntora,
N'imbaga y'abarorerezi;
N'abaririmba impanzi,
N'abazereka intamati,
N'imana zicyuye,
N'igiterane cyazo,
Na Rucyahabigarama,
N'imfizi y'icyusa,
N'icyubahiro igira,
N'ingabo zidahomboka.
Zikavogera imbizi
Zikanyura ku mwimiriz... | null | Ingoro y'umwogabyano 2 | null | null |
187 | Inka | Rutagenda mu isibo itubisa,
Rutimana n'aboza inteba,
Rudahagarara ku batira,
Rugaragara isanga imponoke,
Ruganira n'izashyamye,
Rubunga rw'intamati ku musozi,
Rutazura ibuga amahuru,
Rutiriranya amariba irungu,
Rushinga ahajyana umusaza,
Rushikama bizavamo gukamwa,
Rukomeza kuba iremezo ry'inka,
Ruhanga rucyuye inyar... | null | Inkuku y'Ikirezi 2 | null | null |
188 | Imigani | Habayeho umugabo akitwa Ngunda. Uwo mugabo yari icyago, yari ishyano, yari igisahiranda; uko yaryaga ni nako yahingaga. Yahingaga Rubona yose agakubitaho na Musasu. Iyo ni yo yari isambu ye. Ndetse ngo imisozi y'i Rwanda ni amabimba Ngunda yashingaga.
Uwo mugabo yari afite n'imirima ku Nyundo ya Bugoyi. Arakunyarukira ... | null | Ngunda | null | null |
189 | Imigani, Abana | Isega inanutse yabonye imbwa ibyibushye irayibaza, iti , "ko nduzi ubyibushye wabyibuhijwe niki, ko jyewe nabuze ikintunga?" Imbwa irayisubiza iti, "aho mba haba ibyo kurya byinshi, umurimo wanjye ni ukurinda ibisambo, kandi databuja arankunda cyane; nunkurikira ndajya kugusabira ibiryo."
Bigenda biganira. Isega iza ku... | null | Isega n'imbwa | null | null |
190 | Ibyivugo | Mirindi idakangwa intama
Ariko intambara nkayikanga
Ndi ipfukamiro ry'amakombe
Aho mfukamye hacika itaba. | null | Icyivugo cya Mahingura-Impunyu yo mu Rugezi | null | null |
191 | Imivugo | Iyo mvuka kera ntibyari kunkera
Nari gutabwa sinitera urubwa
Nanga kurasa no kuvusha amaraso
Kubona abantu bapfa kandi ntacyo bapfa
Birandenga rikarinda rirenga.
Iyo bambwira kwambara ngo njye mu ntambara
Nari kwirwaza aho kujya kurwana
Bakanca cyangwa ngacibwa
Nkemera nkangana n'abo tungana
Kuko kwica n'ikinyabwoya b... | null | Intambara | null | null |
192 | Imivugo | Majoro ayaka Abasilimu; na bo bayirega Abanyamishanana; hanyuma Ildefonsi Mutembe ayiranga kwa Bitugangando, mu Nyakibanda.
Inyumba isanga inzira iyo igenda,
Nti: Iya rubumbuza mu muhanda,
Ndavuga ingurube batagereranya
Iya rudacishwa amayira asanzwe
Si inyamaswa ni ikirunga
Uyibona iseduka mu isayo
Ugahuga ib... | null | Indyoheshabirayi - Umuvugo 3 | null | null |
193 | Imivugo, Urukundo | Imparirwa-kurusha nimuvuze impundu
Abagiye kwambikana impeta
Mubambarire impumbya
Uyu musore w'inseko isusurutsa
Nk'umuseke wiseguye agasusuruko
Duherukana tuyahetse
Nazindukanye amazinda
Niba ntibeshye hari ku mpeshyi
Mu bicu by'iwacu bimaze gucika
Amarembo ari imirambo
Rusoka idusekurana imisonga
Intimba itubyina mu ... | null | Twahururiye kubwizihiza | null | null |
194 | Imigani | Impyisi yari hamwe n'izindi nyamaswa, maze irebye umurizo wayo isanga utameze nk'uw'izindi. Ako kanya ifata umugambi wo kuzajya kubaza Imana icyatumye iyiha umurizo mubi kandi udasa n'uw'izindi nyamaswa. Iryo joro ntiyasinzira; bucya yageze ku Mana. Irayibwira, iti, "Nyagasani, ntiwambwira impamvu yatumye umpa umurizo ... | null | Impyisi n'Imana | null | null |
195 | Imivugo | Mugabe wagabanye n'Imana
Uri umugabo utagoheka
Uhetse u Rwanda rwose
Uri umubyeyi w'abanyarwanda
Nkuragije imbaga yarwo yose
Aba bana uko babanye
Ntibyanyuzeho na gatoya
Aba bana baranyobeye
Baratongana bigacika
Birirwa bacumitana amacumu
Nk'abatonse rimwe
Bapfa agasate k'umutsima.
Jya ubatsibura ntukabatsembe
Aba b... | null | Aba bana baranyobeye | null | null |
208 | Imivugo | Ndate mugongo wampetse
Mpimbire Soko itagira uko isa
Uri Musego udasesereza
Wamvunyishiriza kwa Nyanja
Ukambera Umusare nta gisare
Ndakuzi kwa Mazinda
Kwa Ntamuzindutsi iyo
Warambundikiye mu ruturuturu
Umbera umuseso sinasuherwa
Kwezi kwera
Zuba rya kiberinka
Nyenyeri imurikira
Ntutuza gutanga
Ntukuba amaboko
Utura i B... | null | Ndate Mugongo Wampetse | null | null |
196 | Ibyivugo | Inkuba ibanza gukubita ya Rwiratiramihigo,
Ndi umutoni w'intambara,
Intwali y'Imbabazamahanga bankunda mu mihigo.
Bazi ko nahiganye umukogoto kuri Rutangira,
Abagitwaye imiheto batinya ku iteme,
Umutasi wa Basebya abonye natabaye ku isibo,
Asubiza bene Nyirantwali
Ati: Nimuhungire kuli Rutangira twatewe n'Imbungiramihi... | null | Inkuba Ibanza Gukubita | null | null |
197 | Imigani, Abana | Urukwavu rwatonganye n'igikona, rurarakara cyane, rushaka kucyica. Ariko igikona kibibonye gityo, kirigurukira kiragenda. Urukwavu ruti, "iki gisiga nagikinishije mba nacyishe nkakirya."
Nuko urukwavu rugerageza guhimba ubwenge bwo kuzacyica. Rujya ahirengeye, aho ibikona byakundaga gutora. Ruhageze rubona Sakabaka, ru... | null | Urukwavu n'igikona | null | null |
198 | Imigani | Amapfa yarateye Bakame irasonza, maze yibuka ibyo gusuhuka iti, "mu Kinyaga mpafite mabukwe. Nahakoye inka zanjye umunani." Bakame iragenda, ibonye inaniwe, ijya mu gicucu munsi y'igiti, irora hejuru ibona icyiyone gitamiye umunopfu w'umutari.
Nkunda agatukura Bakame ikarusha! Iti, "henga nihendere ubwenge Cyiyone." "... | null | Bakame n'ikiyone | null | null |
199 | Ibyivugo | Imfura ni uwo musangira ntagucure
Mwaganira ntakuvemo
Wapfa akakurerera
Yakena ntiyibe
Yakira ntiyirengagize ukennye! | null | Imfura ni nde? | null | null |
200 | Imigani | Impyisi yarihoreye ibwira imbwa iti, "uraze twuzure, tunywane." Imbwa irabyemera, biranywana, bikajya bitumirana. Umunsi umwe, binywa amayoga kwa Mpyisi; ngo bucye binywa amayoga kwa Mbwa. Imbwa ibwira ya mpyisi iti, "umunsi napfuye uzampambe, ariko uzampambe iwanjye. Nanjye nupfa nzaguhamba iwawe."
Umunsi umwe, ya mb... | null | Imbwa n'impyisi | null | null |
201 | Inka | Rwiyamirira yuhira imbuga
Inkuba zihindura abanyabihogo
Rwa Mirindi ya Simugomwa
Imana yaremye inyamibwa y'Impeta
Ntibeho urugingo uyihinyura
Yamara kuyigira intayoberana
Ikayambikira ku mugaragaro
Ikayiha umuheha w'imboneranye
Ikarangurura ubwiza barora
Ndagiye inkumburwa idashyikirwa
Bahora biganya abo mu z'Ijari
Y... | null | Inka ya Musoni 1 | null | null |
202 | Imigani | Umunsi umwe imbwa yarakugendeye ijya gushaka ubuhake ku ngwe. Ingwe irayibwira iti, "ko imbwa mukunda amagufwa, naho twe tukayazira, naguhaka nte?"
Imbwa irayisubiza iti, "impamvu duhekenya amagufwa, ni uko tutabona inyama; mbonye inyama, amagufwa se kandi nayashakaho iki?"
Ingwe iti, "genda ujye wirinda amagufwa, iny... | null | Mutima muke wo mu rutiba | null | null |
Subsets and Splits
No community queries yet
The top public SQL queries from the community will appear here once available.